Iyo twitegereje isi y’iki gihe, akenshi dushobora kumva ducitse intege iyo urebye ibibera mu Isi uyu munsi ukabona uko kwangirika kw’imico mbonera kwahawe intebe mu mico yitwa igezweho. Nk’umwizera ushobora kwibaza uti “Ni gute twakomeza kuba abakristo by’ukuri mu gihe dukikijwe n’ikibi kingana gitya?” Iki kibazo gishobora gusubizwa hifashishijwe yifashishije urugero rw’imibereho ya Enoki nkuko yerekanywe muri Bibiliya. Enoki yabayeho mu gihe cy’abantu babi babayeho mbere y’umwuzure, ariko yakomeje umubano we n’Imana nta kujegajega ku buryo Imana ubwayo yamushimye ikamujyana mu Ijuru adapfuye.
Kuki Enoki Yagendanye n’Imana
Umubano utangaje wa Enoki n’Imana mu gihe cy’imyaka 300 wayoborwaga n’urukundo. Guhinduka kwa Enoki kwabaye afite imyaka 65 ubwo yaramaze kubyara umuhungu we w’imfura witwa Metusela. Kuba umubyeyi kwa Enoki byamuteye gusobanukirwa byuzuye icyo urukundo aricyo, bimumenyesha inshingano ndetse n’ikitegererezo biva ku Mana agomba kwereka umwana we iminsi yose. Ibi byamuhishuriye ko urukundo rugendana no kumvira kandi ni ryo zingiro ry’inyigisho y’ibyanditswe byera. Bibiliya igira iti: "Kandi ibyo mu mutima wawe no mu y’urubyaro rwawe bituma iba nk’imibiri itakebwe, Uwiteka Imana yawe izabikuriramo kugira ngo ukundishe Uwiteka Imana yawe umutima wawe wose n’ubugingo bwawe bwose, ubone uko ubaho."  Gutegeka kwa Kabiri 30:6.
"Uru ni rwo rukundo: ni uko tugenda dukurikiza amategeko ye. Itegeko ry'Imana ngiri: ni uko tugendera mu rukundo nk'uko mwigishijwe uhereye mbere na mbere."Â 2 Yohana 1:6.
“Kugenda” ni imvugo ngereranyo ya Bibiliya yerekana imibereho n’intego by’umuntu. Uko bukeye mu buzima bwa buri munsi tuba turi mu rugendo ariko tugomba guhitamo uwo tugendana nawe kandi ayo mahitamo azagena rwose amaherezo y’urugendo rwacu.
Guhitamo Inzira Nziza
Enoki ntiyabayeho mu gihe cy’amahoro no kubaha Imana, yabayeho mu gihe cyakurikiwe n’umwuzure icyo Imana yahamije ko cyari igihe cy’abantu babi cyane. "Kandi Uwiteka abona yuko ingeso z’abantu zari mbi cyane mu isi, kandi ko kwibwira kose imitima yabo itekereza ari kubi gusa iteka ryose." Itangiriro 6:5.
Nubwo yarakikijwe n’urugomo n’ubuhakanyi cyane cyane abana b’Imana (Abakomotse kuri Seti) bari bivangavanze n’abana b’abantu (Abigometse bagakurikiza imigirire ya Kayini) biciye mu gushyingiranwa, Enoki we yitandukanije n’iyo migirire. Yahisemo amaramaje gushyira imbere Imana kandi akomeza kwamagana imico y’ab’icyo gihe.Â
Uburyo 4 bwo Kugendana n’Imana
Duhereye ku mibereho ya Enoki nkuko ivugwa muri Bibiliya, dushobora kubona ubu buryo bugera kuri bune bwadufasha kugendana n’Imana:
- Kugendera mu kwizera: Kugendana n’Imana bivuze kuyoborwa nayo ukiringira aho ikuyobora nubwo waba utareba neza imbere aho ikujyana. Niba uhagaze mu bushake bw’Imana ugomba kumenya ko uri mu mutekano uruta indi yose. "Kuko tuba tugenda tuyoborwa no kwizera, tutayoborwa n’ibyo tureba."  2 Abakorinto 5:7.
- Kugendera mu buyobozi bwa Mwuka Wera: Tugomba kwishingikiriza ku buyobozi bwa Mwuka Wera aho gutwarwa n’ibyifuzo bya kamere cyangwa irari ry’umubiri byayobeje isi ya mbere y’umwuzure. "Nuko rero noneho abari muri Kristo Yesu nta teka bazacirwaho,…abadakurikiza ibya kamere y’umubiri, ahubwo bakurikiza iby’Umwuka." Abaroma 8:1,4
- Kwitandukanya n’ikibi: Ikintu cyo kwitabwaho mu rugendo tugendana n’Imana ni ukumenya ibyo tugomba gutandukana na byo. Tugomba kwitondera kandi tugahitanamo ubushishozi ibyo twumva, dusoma n’ibyo tureba kandi tukirinda ahantu hashobora kudukururira kujya kure y’Imana. "Hahirwa umuntu udakurikiza imigambi y'ababi, Ntahagarare mu nzira y'abanyabyaha, Ntiyicarane n'abakobanyi." Zaburi 1:1
- Kugendera mu kuri: Ibi bisobanuye gutera intambwe zacu dukurikije Ijambo ry’Imana, tukarifata nk’umuyobozi wacu utavuguruzwa. "Nta cyantera umunezero waruta uwo kumva ko abana banjye bagendera mu kuri." 3 Yohana 1:4.
Imbaraga iva mu kudahindagurika k’umubano n’Imana
Kugendana n’Imana mu isi yuzuyemo ikibi bisaba ubushake buhoraho n’imico idahindagurika. Ni ibidashoboka kugirana umubano n’Imana twishingikirije gusa ku isegesho n’imihango by’iteraniryo rikorwa rimwe mu cyumweru.Â
Ibi bintu bitatu byafasha mu kugumana umushyikirano n’Imana:
- Gusenga ubudasiba: Enoki yabagaho azi neza ko Imana imuri hafi buri gihe. Yimenyereje ko Imana iba imuri hafi mu mirimo ye ya buri munsi akagendana isengesho mu mutima, ntiyigeze yibwira ko isengesho ari igikorwa kiba gifite igihe runaka gikorwa.Â
- Gukunda byuzuye ibyanditswe byera: Muri iki gihe ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga bifite ibirangaza byinshi bitwisukaho ni ngombwa kwiyuzuzamo ibyansitswe byera ngo bitubere umucyo mu nzira tunyura.Â
- Sangiza abandi ibyiringiro byawe: Enoki yabaye umubwiriza wa mbere waburiye abo mu gihe cye ku byerekeye urubanza rwendaga gucirwa Isi. Kwizera kwacu gukomera iyo tugusangije abandi.Â
Kubaho dukiranuka mu isi yuzuye ikibi ni igitangaza kidashoboka mu mbaraga zacu bwite ariko gishoboka cyane turi kumwe na Yesu. Duteye intambwe ubu, tukishingikiriza ku isengesho, Ijambo ry’Imana n’Umwuka Wera, twagenda n’Imana rwose nkuko Enoki yabigenje.