Tubayeho mu gihe hari kubaho impinduka zidasanzwe mu bikorwa byose bibera kuri iyi si yacu. Turasa nâaho turi kuva mu isi yâibigaragara, twinjira mu isi yâikoranabuhanga. Ibyo ni byo byiswe impinduka zikomeye (Great reset) muri gahunda nshya yâisi (New world order). Iyi gahunda ifite umuvuduko uteye ubwoba, yatumye habaho kwibaza ibibazo byinshi. Birasa nâaho nta kintu na kwimwe cyasigaye kidakorerwa mu ikoranabuhanga, kandi ubuzima bwose bwâabantu bushingiye kuri iyo mikorere. Tuvugana nâinshuti nâabavandimwe dukoresheje ikoranabuhanga, twakira amafaranga kandi tukayatanga dukoresheje ikoranabuhanga, dusakaza ubutumwa bwiza dukoresheje ikoranabuhanga, tukanunguka ubumenyi bunyuranye dukoresheje ikoranabuhanga.
None se nkâabakiristo, tugomba kwitwara dute ku mikorere nkâiyo ikataje, kandi idateze gusubizwa inyuma? Mbese dukwiriye kugendana nâumuvuduko waryo? Cyangwa dukwiriye kugenda duseta ibirenge muri izi gahunda? Ibihugu byinshi byamaze gutangiza uburyo bwo kwandika imyirondoro yâabaturage babyo mu buryo bwâikoranabuhanga buhujwe nâubwenge bukorano (Artificial Intelligence), bituma kubona amakuru yâumuntu byoroha, kandi ntatakare mu buryo bworoshye, ndetse hagashyirwaho nâindangamuntu koranabuhanga, izakurikirwa nâifaranga koranabuhaga rigenzurwa na banki nkuru zâibihugu. Ibi bitera benshi kwibaza uko bakwiriye kwifata imbere yâibi bikorwa byaduka mu isi, ndetse bakabigereranya no gusohora kâubuhanzi bwâIbyahishuwe 13. Mbese mu byâukuri ukuri nyako gushingiye he? Bibiliya ni yo yonyine ibasha kuduha igisubizo gikwiriye kuri iyi ngingo.
Muri iyi nyandiko ngufi, tugiye kuvuga ku Ndangamuntu koranabuganga, nâicyo Bibiliya ivuga kizagira uruhare mu kubuza abantu kugura no kugurisha mu minsi iheruka. Turagaragaza kandi uruhare Indangamuntu koranabuhanga izagira muri iki gikora, nâurwo itazagira. Turavuga kandi icyo Indangamuntu koranabuhanga iricyo nâicyo itari cyo, kugira ngo dukureho urujijo abantu bafite mu bitekerezo byabo, no gufasha gutanga amakuru ashingiye kuri Bibiliya no ku mateka yâahashize yerekeranye nâubuhanuzi buheruka amateka yâisi. Kubera ko iyi ari ingingo yagutse, turibanda gusa ku Ndangamuntu koranabuhanga, nâaho itandukaniye nâumubare wâinyamaswa cyangwa ikimenyetso cyayo.
Indangamuntu yâikoranabuhanga (Digital Identity Card).
Muri gahunda yo gushyira ibintu byose mu ikoranabuhanga, hateganyijwe ko buri muturage wese wâisi agomba kuba afite indangamuntu yâikoranabuhanga ari yo izahuzwa na konti ye iri mu ikoranabuhanga nâifaranga ryâikoranabuhanga (Ikazaba ibaruyeho umutungo we wose, waba ufatika nâudafatika nkâimpamyabumenyi). None se mu byâukuri ibi byaba bivuze iki ku bana bâImana? Mbese dukwiriye kubiyoboka, cyangwa igihe kirageze ngo dutandukane nâicyitwa ifaranga cyose? Hariho ibitekerezo bivuguruzanya kuri izi ngingo, ariko tugiye kureba uruhare rwa buri kimwe muri ibi, nâingaruka bigira ku bukristo bwacu.
Kuki ibihugu bikenera kubika amakuru yâabaturage babyo kandi hagakorwa amabarura ahoraho?
Guhera mu mateka ya kera, gahunda yâibihugu yagiye ishingira ku kumenya umubare wâabaturage babigize, ndetse nâimibereyo yâababituye, kugira ngo bifashe ubuyobozi mu bikorwa ryâigenamigambi, no kumenya ibikenewe kugira ngo bibashe kugena ingengo y'imari, nâumubare wâibikorwa remezo bikenewe, nâahazava amikoro yo kubyubaka.
Buri gihugu gikeneye gutera imbere, kandi kikubaka ubukungu butajegajega, ni ngombwa ko kigira ibikorwa nkâibyo. Amateka ya Bibiliya atugaragariza uko ubwami bwâibihangange bwagiye bukurikirana, nâibanga ryatumaga bubasha kubaka ubudahangarwa bwabyo. Igihugu cya Egiputa, ni kimwe mu bihugu byakomeye cyane ku isi mu myaka yo hambere, kandi aho ni ho ubwoko bwa Isirayeli bwasuhukiye mu gihe cyâimyaka 430, bugakurwayo nâukuboko kwâImana. Igihe Abisirayeli bavaga mu Misiri, habanje gukorwa ibarura rya buri muntu hashingiwe ku myaka ye, kugira ngo hamenyekane umubare wâabari bavuye mu buretwa bwa Egiputa.
âAbisirayeli barahaguruka, bava i RÄmesesi bataha i Sukoti, abigenzaga bari abagabo uduhumbi dutandatu, abana batari mu mubare.â Kuva 12:37
Mu rugendo rwo mu butayu bamazemo imyaka 40, bivovoteye Imana bituma abavuye muri Egiputa ari bakuru barimbukira mu butayu. Ubwo bari mu kibaya cyâi Mowabu ku mupaka wâi Shitimu biteguraga kwambuka Yorodani, hakozwe icyaha gikomeye, cyo gusambana nâabamidiyanikazi. Iki cyaha cyababaje Imana, bituma mugiga irimbura ibihumbi makumyabiri na bine (24,000) mu gihe gito. Nyuma yâuko icyo cyorezo gitsembye abari basigaye bavuye muri Egiputa barengeje imyaka 20, Imana yasabye ko hongera kubaho ibarura, kugira ngo hamenyekanye umubare nyawo wâAbisirayeli.
âHanyuma ya mugiga iyo, Uwiteka abwira Mose na Eleyazari mwene Aroni umutambyi ati âMubare umubare w'iteraniro ry'Abisirayeli ryose, bamaze imyaka makumyabiri bavutse cyangwa isÄga, abo mu Bisirayeli bose babasha gutabara, mubabare nk'uko amazu ya ba sekuru ari.â Mose na Eleyazari umutambyi bababwirira mu kibaya cy'i Mowabu kinini, bari kuri Yorodani ahateganye n'i Yeriko bati âAbamaze imyaka makumyabiri bavutse cyangwa isÄga abe ari bo babarwaâ, uko Uwiteka yategetse⌠Abo ni bo babazwe bo mu Bisirayeli, bose bari uduhumbi dutandatu n'igihumbi na magana arindwi na mirongo itatu. Uwiteka abwira Mose ati âAbo azabe ari bo bagabanywa igihugu ho gakondo, nk'uko umubare w'amazina yabo uri. Abaruta abandi ubwinshi uzabahe gakondo nini, abake uzabahe gakondo nto. Umuryango wose uzahabwe gakondo ihwanye n'umubare w'ababazwe bo muri wo.â Kubara 26:1-4; 51-54
Iyi mirongo igaragaza neza ko abisirayeli bongeye kubarwa bahereye ruhande, kandi mu gutanga ubutaka muri Kanani bigakorwa hashingiwe ku mubare wâabagize umuryango runaka. Ni ukuvuga ko Imana yategetse igenamigambi ryo guha gakondo abisiraye ryangombaga gushingira ku bunini cyangwa ubuto bwâumuryango hashingiwe ku mubare wâamazina yâabawugize.
Mu gitabo cyâUmuhanuzi Daniyeli, tubona ishusho yâuko ubwami bukomeye bwakurikiyeho hanyuma ya Egiputa bukagenda busimburana (Daniyeli 2, Daniyeli 7). Bumwe muri ubwo bwami, bwakomeye kurusha ubundi ni ubwami bwa Babuloni, ari nabwo bwanyaze ishyanga rya Isirayeli mu gihe cyâImyaka 70 bikomotse ku kuba barigometse ku Mana igihe bari muri Kanani. Igihe bajyanwaga bunyago i Babuloni, igikorwa cya mbere Nebukadinezali yakoze ni icyo kwandika imyirondoro yâabanyagano, ndetse bamwe bahindurirwa amazina yabo, hagamijwe kumenya ibyiciro abantu babarizwamo nâumusanzu babashaga gutanga ku gihugu cya Babuloni.
âNuko umwami ategeka Ashipenazi umutware w'inkone ze, kuzana abana b'abasore bamwe bo mu Bisirayeli bo mu muryango w'umwami, n'ab'imfura bandi batagira inenge, ahubwo b'abanyaburanga, b'abahanga mu by'ubwenge bwose, bajijuka mu byo kumenya, b'ingenzuzi mu by'ubwenge, kandi batinyuka guhagarara mu nzu y'umwami, kugira ngo abigishe ubwenge bw'Abakaludaya n'ururimi rwabo. Muri abo bana b'Abayuda harimo Daniyeli na Hananiya, na Mishayeli na Azariya. Nuko uwo mutware w'inkone abahimba amazina: Daniyeli amwita Beluteshazari, na Hananiya amwita Saduraka, na Mishayeli amwita Meshaki, na Azariya amwita Abedenego.â Daniel 1:3-7
Iki gikorwa cyo guhindura amazina yâabanyagano, bwari uburyo bushya bwo kubatandukanya nâimyizerere yabo, ariko bo bakomeje gushimaka ku kwizera kwabo. Nta hantu na hamwe tubona Daniyeli na bagenzi be batatu bivumburira guhabwa amazina mashya, ndetse nâigihe bayahamagwarwa babaga biteguye gusubiza nta gihunga bafite. Kubahindurira amazina kandi, ntibyigeze bibateshura ku kwizera kwabo. Ntibigeze baterwa ubwoba bwâuko bashyizwe muri sisiteme zâi Babuloni itarubahaga Imana, ahubwo bo barangamiye ibyo bizera batitaye ku byari bibakikije batari bamenyereye aho bari bavanywe muri Isirayeli.
Mu gihe cyâubwami bwâAbamedi nâAbaperesi bwari buyobowe na Kuro, ni bwo Abisirayeli bakomorewe basubira mu gihugu cyabo. Icyo gihe nabwo habayeho kubarura umubare wâabari bavuye mu bunyage, kandi iki gikorwa cyakomeje gukorwa mu bihe byose byakurikiryeho.
âKandi abo muri icyo gihugu, Nebukadinezari umwami w'i Babuloni yajyanye ari imbohe, akabajyana i Babuloni, abavuye mu bunyage bagasubira i Yerusalemu n'i Buyuda, umuntu wese agasubira mu mudugudu w'iwabo ni aba. Ni bo bazanye na Zerubabeli na Yeshuwa na Nehemiya, na Seraya na RÄlaya na Moridekayi, na Bilishani na Misipari na Bigivayi, na Rehumu na BÄna. Umubare w'abagabo bo mu Bisirayeli ni uyu:âŚNuko iteraniro ryose riteranye ryari inzovu enye n'ibihumbi bibiri na magana atatu na mirongo itandatu; udashyizeho abagaragu babo n'abaja babo, umubare wabo bari ibihumbi birindwi na magana atatu na mirongo itatu na barindwi, kandi bari bafite abagabo n'abagore b'abaririmbyi magana abiri.â Ezira 2:1-65
Muri iki gihe, hari abakomoka mu muryango wâabatambyi, ariko batashoboye kugaragaza ibisekuru byaho hashingiwe ku irangamimerere ryabo, bityo bituma birukanwa mu batambyi:Â
âKandi aba ni bo bazamutse bava i Telimela n'i Teliharisha, n'i Kerubu na Adani na Imeri, ariko ntibabasha kwerekana amazina ya ba sekuruza n'imbyaro zabo yuko ari Abisirayeli koko. Abo muri bene Delaya na bene Tobiya na bene Nekoda, ni magana atandatu ma mirongo itanu na babiri. Kandi n'abo mu batambyi bene Habaya na bene Hakosi, na bene Barizilayi w'Umunyagaleyadi, washatse umugeni mu bakobwa ba Barizilayi w'Umunyagaleyadi akamwitirirwa, abo bashatse amazina yabo mu mibare yo kuvuka kwabo ntibayabona, ni cyo cyatumye batekerezwa nk'abahumanye bagakurwa mu butambyi. Umutirushata ababwira yuko batarya ku bintu byejejwe cyane, kugeza ubwo hazaboneka umutambyi ufite Urimu na Tumimu.â Ezira 2:61-63
Ibi nabyo bitwereka ko irangamimerere ari ikintu kingenzi atari mu bwami bwâisi gusa, ahubwo no mu bwoko bwâImana, ryahoze ari ikintu Imana yitaho. Ni yo mpamvu ibihugu byose byifuza kurinda ubusugire bwabyo bishyiraho ikiranga abenegihugu, kugira ngo bibashe gutandukanya abaturage bacyo nâabanyamahanga. Ibi byahoze bikorwa no mu bisirayeli, ku buryo igihe cyose habaga hariho umunyamahanga ubasuhukiyemo yahitaga amenyekana, kandi akaba hari ibyo yabaga atabasha kwemererwa kugiramo uruhare bitewe nâibyabaga bisabwa kugira ngo akore ikintu runaka.
Ubwami bwanyuma bwayoboye isi, ni ubwami bwa Roma, ari nabwo bwabambye Yesu Kristo. Kuri ubu bwami, ni ho Umukiza wâisi yavutse, kandi kugira ngo ubuhanuzi bwa Bibiliya busohore, Imana yakoresheje itegeko teka ryâUmwami wâabami Kayizali Awugusito, ryo kubarura abaturage bose babarizwaga mu ntara yâubuyuda yari yarigaruriye nkâumwami utegeka isi yose. Iri tegeko ryo kwandikwa mu irangamimerere ryari ritangijwe na Awugusito mu ntara yigaruriye, ni ryo ryasohoje ibyari byarahanuwe, maze bitegurira inzira Yosefu na Mariya kugira ngo Kristo avukire i Betelehemu.
âNuko muri iyo minsi itegeko riva kwa Kayisari Awugusito, ngo abo mu bihugu bye bose bandikwe. Uko ni ko kwandikwa kwa mbere, kwabayeho Kureniyo ategeka i Siriya. Bose bajya kwiyandikisha, umuntu wese ajya mu mudugudu w'iwabo. Yosefu na we ava i Galilaya mu mudugudu w'i Nazareti, ajya i Yudaya mu mudugudu wa Dawidi witwa i Betelehemu, kuko yari uwo mu nzu ya Dawidi no mu muryango we, ajya kwiyandikishanya na Mariya, uwo yasabye wari utwite. Bakiri iyo igihe cye cyo kubyara kirasohora, abyara umuhungu w'imfura amworosa imyenda y'impinja, amuryamisha mu muvure w'inka kuko bari babuze umwanya mu icumbi.â Luka 2:1-7.
Indangamuntu isanzwe
Mu bihe bitandukanye, no mu bihugu bitandukanye, byagiye bigira uburyo bwo gutanga ibyangombwa biranga abenegihugu babyo, ariko byagiye bihindagurwa hashingiwe ku iterambere rigezweho, nâuburyo bwâikoranabuhanga bugezweho. Reka twifashishe amateka yâigihugu cyacu cyâu Rwanda kugira ngo tugaragaze uko izo mpinduka zagiye zikorwa. Abantu babanje guhabwa indangamuntu zâimpapuro zoroshye gucika, kandi imyirondoro ikuzurishwa intoki. Zaje gusimbuzwa indangamuntu dufite ubu yakozwe mu buryo bwâikoranabuhanga ryari rigezweho ubwo yatangiraga gutangwa, ndetse bamwe bagiye bayigirira amakenga menshi ku buryo hari nâabayiretse kuyitunga burundu.
Iyi ndangamuntu ni yo ituma umuturage ahabwa serivisi zose zisaba ibyangombwa (nko kwiga, gukora akazi ka Leta, kubarura imitungo yawe, nâibindi). Ariko muri gahunda nshya yâisi, ni uko buri wese noneho agira indangamuntu yo mu ikoranabuhanga. Uyu ni umushinga wamaze gutangizwa no mu gihugu cyacu (u Rwanda), kandi itegeko nshinga rikaba ryaramaze kongerwamo itegeko ryo gushyiraho iyi ndangamuntu mu gihe kitarenze imyaka ine uhereye 2023. Ibi byakangaranyije abantu benshi bibaza niba mu byâukuri bakwiriye kuyifata cyangwa batagomba kuyifata. Nkâuko itegeko nshinga ryâu Rwanda ribiteganya, iyo ndangamuntu izaba igizwe nâumubare wayo, ari na wo nyirayo azajya yitwaza, ariko ikazaba inafatika ariko atari ngombwa kuyigendana aho ugiye hose. Amakuru asabwa uyihabwa azaba ayigize, ni imyirondoro ya nyirayo, imitwe yâintoki ze (ibikumwe cumi), isura ye (ifoto ya pasiporo) nâimboni zâamaso zombi. Soma inkuru
Icyiyongereye mu byari bisanzwe mu ndangamuntu dusanganywe ni izi mboni zâamaso nâibikumwe byâizindi ntoki kuko ibindi byari bisanzwe birimo (ibikumwe bibiri nâifoto yâisura). Uretse kuba abantu bibaza niba bakwiriye kuyifata, hari nâabadafite iya mbere (iyo dusanganywe), nâabandi bamaze kujugunya burundu izo bari bafite. Impungenge zose zishingiye ku kuvuga ko kuyakira ari ukwakira ikimenyetso cyâinyamaswa cyangwa umubare wâizina ryayo.Â
Kugira icyangombwa kiranga umuntu ni ikintu gikenewe kubera ko guhera cyera kose no mu bwoko bwâImana bwa Isirayeli, bagombaga kugira ikibatandukanya nâabandi bantu bâabanyamahanga. Ikindi kandi ni uko no mu ijuru abamarayika bera bafite amakarita yâizahabu berekana igihe bagiye cyangwa bavuye muri misiyo yabo ku isi.Â
âMu Murwa Wera haba gahunda itunganye no kutanyuranya. Abamarayika bose batumwa gusura isi baba bafite ikarita isizwe izahabu. Bagomba kwereka iyo karita abamarayika bari ku marembo yâumurwa igihe binjiye cyangwa basohotse. Ijuru ni ahantu hâigikundiro. Nifuza cyane kujyayo ngo ndebe Yesu nkunda watanze ubugingo bwe ku bwanjye, no kugira ngo mpindurwe mpabwe ubwiza bwe buhebuje. Mbega uburyo mbuze ururimi rwasobanura ibyâubwiza bwâuwo murwa ugiye kuza! Mfite inyota yâamasoko yâubugingo atuma umurwa wâImana unezeza.â Inyandiko Zâibanze, p.54.1
Niba mu ijuru ubwaho hatarangwa icyaha bakenera kugira icyangombwa cyiranga abinjira nâabasohoka, bikenewe mu buryo bwihariye muri iyi si itarangwamo gahunda kandi yangijwe nâicyaha. Ibyo kandi bifasha leta zo mu isi kugenzura umwanzi wakwihisha agambiriye kurimbura. Bityo ikibazo ntigishingiye ku ikarita, ahubwo gishingiye ku cyo iyo karita yakoreshwa. Urugero mu mateka yâigihugu cyacu, ikarita yifashishijwe mu gutandukanya abaturage hashingiwe ku moko (abahutu nâabatutsi) bagamije gukora Jenoside yibasiye Abatutsi muri 1994. Iki ni igikorwa gishishana kandi giteye ubwoba cyabayeho mu mateka yâu Rwanda, kandi gikorwa hifashishijwe kubarura abaturage binyuze mu kubaha indangamuntu zigaragaza ubwoko bwabo.
Dushingiye kuri ibi byabaye mu Rwanda, tubasha guhamya ko ikarita ishobora kwifashishwa mu kubuza amahirwe nâuburenganzira bamwe batujuje ibyangombwa runaka. Urugero mu gihe cyâIcyorezo cya korona virusi, umuntu wese wabaga adafite ikarita yâuko yikingije, ntiyashoboraga guhabwa serivisi runaka akeneye. Ariko se kuba umuntu yari afite indangamuntu yâuko ari umuhutu cyangwa umututsi hari icyo byabangamiraga ubukristo bwe? Nâubwo benshi batari bazi ikigambiriwe mu gukora ibyo? Igisubizo ni uko bitari icyaha gutunga izo ndangamuntu. Ni muri ubwo buryo no gufata indangamuntu yâikoranabuhanga mu gihe nta hame ryo mu ijambo ryâImana bidusaba kwica nta cyaha cyangwa ikosa twaba dukoze. Icyakora izaba kimwe mu bikoresho bizorohereza ubupapa na Leta zo mu isi kubuza uburenganzira ubwoko bwâImana butazemera kugendana nâagahato kâitegeko ryâicyumweru.
Bimwe mu biteye benshi impungenge ku Ndangamuntu koranabuhanga.
- Abantu benshi bibajije impamvu izahabwa nâabana bato bakivuka, kandi ubusanzwe yahabwaga umwana ufite imyaka 16 gusa. Iki kibazo kukibaza bishingiye ku makuru make abantu bafite ku ndangamuntu isanzwe, kuko buri mwana wese wanditswe mu gitabo cyâirangamimerere ahabwa nimero imuranga itajya ihinduka na rimwe (application number), kandi ikaba ariyo ishingirwaho mu gukora indangamuntu ifatika ahabwa igihe agize imyaka 16. Ikindi kandi ni uko indangamuntu ifatika iyo itakaye, iyisimbuye iza yahindutseho imibare yanyuma 3, mu gihe ya âapplication numberâ yo ikomeza kuba ya yindi. Bityo twavuga ko iyo nimero baha umwana ukivuka ari yo mubare wâindanganumtu wa nyawo, kuko udafite uwo mubare atabasha no kubona indangamuntu ifatika (Kandi ntashobora no guhabwa indangamuntu koranabuhanga, kuko atanditse mu irangamimerere). Ikindi kandi ni uko uwo mubare ukora kimwe na nimero isanzwe yâindangamuntu ifatika.
- Kuba yarongerewemo ibirango ndangamiterere bitari bisanzwe mu ya mbere nkâimboni zâamaso nâimitwe yâizindi ntoki 8. Ku byerekeye iyi ngingo, benshi bavuga ko bizatuma abantu babasha kugenzurwa na leta zabo mu buryo bworoshye hifashishijwe za camera zo ku muhanda no mu nyubako zitandukanye kandi ikaba ijujwe nâubwenge buhangano, ariko bakirengagiza ko nâuwaba atabifite yagenzurwa nâizo camera, ariko zikamugaragaza nkâutagira ibyangombwa, bityo agakurikiranwa nkâumucengezi. Nta hantu na hamwe ho kwihisha hahari, uretse mu Mana gusa izahisha ubwoko bwayo nkâuko yahishe Eliya, maze Ahabu akamushakisha akamubura. Ikintu cyose cyinjizwa mu mibiri yacu cyo dukwiriye kukigirira amakenga kandi tukakirinda mu gihe tutazi imikorere yacyo nâingaruka kizateza, ariko ibintu bidashobora gushyirwa mu mubiri, ntibishobora kugira icyo byagiza ku kwizera kwacu.
Ni iki kibuza abantu kugura no kugurisha?
Igitabo cyâibyahishuwe igice cya 13 kiduha ishusho yâibikorwa biheruka bizibasira ubwoko bwâImana ku bufatanye bwâubwami 2 bugereranywa nâinyamaswa yavuye mu Nyanja (Ubupapa) nâinyamaswa yavuye mu Butaka (Leta zunze ubumwe za Amerika). Kugwa kâubwami bwa Roma yâabakayizali kwaharuriye inzira ubupapa bubona isumbwe, bityo bugera ku gasongero ko kurwanya no gutsembaho burundu leta nâamatorero yose atarabupfukamiraga. Abakristo benshi bagiye bicwa urubozo bazira ukwizera kwabo, abami bakomeye bapfukamishwa imbere yâubutegetsi bwâubupapa kandi bagasabwa kwisobanura ku mpamvu banyuranyije nâitegeko rya Papa.
  Â
Nyamara ubwo butware ubupapa bwaje kubutakaza mu 1798, ubwo Napoleon Bonaparte umwami wâUbufaransa yafungiraga Papa Piyo 6 i Valance mu Bufaransa akaza kugwa muri gereza. Ibyo byatumye ubupapa butakaza ubutware mu bya politiki bwo kugenzura abami, ariko bwaje gusubirana iryo sumbwe mu 1929 ubwo Benito Mussolini umwami wâUbutaliyani yasubizaga Papa ubutware mu bya Politiki binyuze mu masezerano yagiranye na Papa Gasipari. Igihe uruguma rwica rwâubupapa rwatangiraga gukira, isi yose yabukurikiye ibutangarira. Kuva icyo gihe kugeza ubu, ibihugu byose bikorera munsi yâukwaha kwâubupapa, kandi byiteguye gushyira mu bikorwa icyo busaba cyose.Â
Nyamara Ibyahishuwe 13:11-18, hagaragazwa indi nyamaswa yavuye mu gitaka ari yo Leta zunze ubumwe za Amerika yahoze ari igihugu cya giporotesitanti, ariko cyagiye gitakaza imicombonera kugeza ubwo kihakana amahame yose yahoze akiranga. Bibiliya igaragaza neza ko Amerika izakoresha ububasha bwose bwâagahato no kurimbura nkâubwakoreshejwe nâubupapa mu gihe cyâumwijima. Ibimenyetso nâibitangaza byâibinyoma bikorwa nâamatorero ya giporotesitanti yateshutse ku kuri kwâabagorozi bizigarurira benshi, ari nabyo bizayobora Amerika ku kurema igishushanyo cyâinyamaswa, kandi igatera isi yose kukiramya, ubyanze wese akicwa. Amatorero azasubirana ububasha bwo kugenzura ubutegetsi bwa politiki, kandi ubumwe bwâamadini buzashyiraho amategeko yâagahato yo gusenga ku cyumweru, ashimangirwe nâukuboko kâubutegetsi bwa Leta.
âNuko mbona indi nyamaswa izamuka iva mu butaka. Iyo yo yari ifite amahembe abiri nk'ay'umwana w'intama, ivuga nk'ikiyoka. Itegekesha ububasha bwose bwa ya nyamaswa ya mbere mu maso yayo, ihata isi n'abayirimo ngo baramye ya nyamaswa ya mbere yakize uruguma rwayishe, kandi ikora ibimenyetso bikomeye, imanura umuriro uva mu ijuru ugwa mu isi mu maso y'abantu. Iyobesha abari mu isi ibyo bimenyetso yahawe gukorera imbere ya ya nyamaswa, ibabwira kurema igishushanyo cya ya nyamaswa yari ikomerekejwe n'inkota ikabaho. Ihabwa guha icyo gishushanyo cy'inyamaswa guhumeka, ngo kivuge kandi cyicishe abatakiramya bose. Itera bose aboroheje n'abakomeye, n'abatunzi n'abakene, n'ab'umudendezo n'ab'imbata, gushyirwaho ikimenyetso ku kiganza cy'iburyo cyangwa mu ruhanga, kugira ngo hatagira umuntu wemererwa kugura cyangwa gutunda, keretse afite icyo kimenyetso cyangwa izina rya ya nyamaswa, cyangwa umubare w'izina ryayo.â Ibyahishuwe 13:11-17
Agahato ni yo ntwaro ikomeye muri iyi ntamba iheruka ishingiye ku Kuramya. Amerika ni yo izatangaza itegeko ryâagahato ryâicyumweru binyuze mu busabe bwâamadini yaguye yiyungiye hamwe, kandi ihatire abantu bose bari mu isi kuriyoboka. Iri ni ryo zingiro ryo kubuza abantu kugura no kugurisha. Ntago ifaranga ryâikoranabuhanga cyangwa indangamuntu koranabuhanga ari byo bizabuza abantu kugura cyangwa kugurisha, ahubwo itegeko ryâagahato ryâIcyumweru ni ryo rizaba intandaro, naho indangamuntu koranabuhanga nâifaranga koranabuhanga bihinduke ibikoresho byo gufatira umutungo wâumuntu wese utemeranya nâitegeko ryâagahato ryâicyumweru. Ibyo bisobanuye ko hatariho itegeko ryâicyumweru, ingangamuntu koranabuhanga cyangwa ifaranga koranabuhanga bitagira ingaruka ku bana bâImana, kuko nâubundi ubu dufite uburyo bwinshi bwâikoranabuhanga dukoresha mu kugura no kugurisha (MOMO, Airtel Money, Credit cards, âŚ) kandi ntacyo bidutwaye.
Ikizatuma abantu batagura, ni uko batazaba bafite uburenganzira ku mafaranga yabo ari mu ikoranabuhanga, kuko azaba yamaze gufatirwa bitewe no kwanga kuyoboka itegeko ryâagahato ryâIcyumweru. Ibyo bizaba bimeze nko kuba twabyuka uyu munsi, maze tukumva itangazo rivuga ngo: âInote nâibiceri dusanzwe dukoresha byose byakuweho burunduâ. Nâubwo umuntu yaba abitse miliyoni nshinshi munzu iwe, ntiyazijyana ku isoko ngo agure cyangwa ngo agurishe, kuko yaba yamaze gutakaza agaciro, asigaye ari ibipapuro gusa bitagize icyo bimaze uretse kubicana.) Bityo igihe cyose nta gahato kâiri tegeko gahari, ntacyabuza abantu kubikoresha nkâuko dukoresha ubundi buryo bwâikoranabuhanga bugezweho.
Ntago ikibazo gikomeye abantu bâImana bazahangana na cyo ari ikibazo cyo kugura, ahubwo ikibazo gikomeye kizaba gishingiye ku kuramya byâukuri cyangwa kuramya kwâikinyoma. Kubuzwa kugura no kugurisha, bizaba igikoresho kizifashishwa mu kubabaza abantu, kugira ngo banyuranye nâimitimanama yabo bave kwizima, bitume bemera kuramya kwâikinyoma. Iyi ni yo ntwaro satani akoresha guhera cyera kose, kuko adafite ububasha bwo guhatira umuntu gukora icyaha atabyihitiyemo, atera umubabaro mu mutima we, kugira ngo niyumva ababajwe cyane adohoke ku byo yizera agamije kwikiza uwo mubabaro. Iyi ni yo mpamvu hari ibikoresho byâikoranabuhanga bigenda byubakwa, bizorohereza satani nâabakozi be bamwiyeguriye gufatira imitungo yâabantu bose, igihe bazaba batemera kugendera ku mahame ye.